![]() |
| Uwiteka ni nde? |
Uwiteka ni nde?
Isomo Ryiza ku mu kiranutsi dusanga mu Isezerano rya Mose
“Farawo arababwira ati: ‘Uwiteka ni nde ngo numvire ndeke Abisirayeli? Sinzi Uwiteka, kandi ntabwo narekura Abisirayeli.’” (Kuva 5:2)
1. Kwinangira kwa Farawo n’Ingaruka Zabyo
Igihe Mose yagarukaga mu Misiri azanye ubutumwa buvuye ku Mana, Farawo
ntiyemeye guca bugufi. Yabajije ikibazo gifite agasuzuguro: agira ati“Uwiteka
ni nde ngo mwumvire?” Ibi byari si ukutamenya gusa, ahubwo kwari urwango
n’agasuzuguro .
Mu gihe cy’imyaka isaga 40 Abisirayeli bari baragowe mu bucakara,
kandi gusenga ibigirwamana kwari kwaraganje mu Misiri. Nyamara IMANA yakomeje
kwihangana, igaha Abanyamisiri amahirwe yo kumenya ukuri. Ariko Farawo yifashe
ku ngeso yo kwinangira, maze bigera aho azana ingaruka mbi ku gihugu cye cyose.
Isomo twakuramo : Kwirengagiza Imana cyangwa kuyisuzugura ntabwo bituma imbaraga zayo zigabanuka. Ahubwo bigaragaza ko umutima w’umuntu ushobora gukomera kugeza igihe imbaraga z’Imana zigaragaye mu buryo Bwayo ikigaragaza nk’IMANA.
2. Imana Itanga Isezerano
“Kandi nzabazana
mube ubwoko bwanjye, nanjye mbabere Imana. Ni ho muzamenya ko ndi Uwiteka Imana
yanyu, ibatuye imitwaro Abanyegiputa.” (Kuva 6:7)
Nubwo Abisirayeli bari mu bubata, Imana ntiyigeze
ibatererana. Yahamagaye Mose ngo abageze ku isezerano rikomeye: kuba ubwoko
bwayo kandi ikababera Imana.
Isomo twakuramo: Imana ni Se wacu udukunda, ishaka kuturinda imitwaro y’isi no kudushyira mu mucyo wayo. Iyo twemeye kuyizera no kuyumvira, iturwanirira kandi igatugira abana bayo.
3.Ese Umukiristo nyawe Akwiye Kurangwa n’Umucyo
Abakiristo bose bahamagarirwa kugaragaza ko Imana iri ku
ngoma ko yahozeho kandi izahoraho ibihe ni bihe . Yesu yaravuze ati:
- “Ni
jye mucyo w’isi: unkurikira ntazagenda mu mwijima, ahubwo azagira umucyo
w’ubugingo.” (Yoh. 8:12)
- “Inzira
y’umukiranutsi ni nk’umuseke utambitse, ugakomeza gukura kugeza ku manywa
y’ihangu izuba rirashe ,rirenze.” (Imig. 4:18)
Umukiristo nyawe wizerera mu mbaraga z’IMANA ishoborabyose akwiye kuba nk’inyenyeri irabagirana,
igaragaza ko mu isanzure hariho Umwami utegeka byose. Imyitwarire ye, ubuntu
bwe, n’imico ye bikagaragaza imbaraga
z’Imana mu buzima bwe bwa minsiyose.
Isomo twakuramo: Ubuzima bwacu bugomba kuba indorerwamo yerekana urumuri rwa Kiristo, kugira ngo abandi bamumenye biciye muri twe.
4. ibibazo by’amatsiko twibaza?
- Ese
nanjye nshidikanya ku gukomeza
kwizera Imana mu gihe cy’ibigeragezo?
- Ese
hari aho kwinangira kwanjye kwaba kubuza Imana gukora umurimo wayo mu
buzima bwanjye?
- Ni gute nshobora kuba umucyo w’isi nk’uko Yehova abishaka?
Farawo yisuzuguje Imana, ariko ibyo byamuviriyemo guhanwa no gutsindwa. Abakristo bo bahamagarirwa kwereka isi yose ko hariho Imana iri ku ngoma, ifite imbaraga n’imbabazi. Iyo twemeye kuyizera, idukuraho imitwaro ikomeye, ikaduhindura abana bayo kandi ikaduhindurira kuba ibikoresho by’umucyo wayo.
Iyi nyigisho ishingiye ku Byanditswe Byera no mu gitabo cy’Umwuka w’Ubuhanuzi: Abakurambere n’Abahanuzi (Ingeri ya 2016), pp. 271–272.

3 Comments
Hhhhhh
ReplyDeleteNizereko haricyo ukuyemo
Deleteamen
Delete