Ticker

6/recent/ticker-posts

Menya n'ibi | ubusobanuro bwimbitse bw'Umuganura umuco w'Abanyarwanda

                     

 Kuva ku ngoma ya Gihanga Ngomijana kugeza ku ngoma ya ndahahiro cyamatare inzira y’umuganura mu Rwanda yarakorwaga. Gusa Umuganura waje kugira agaciro gakomeye ku ngoma ya Ruganzu II Ndori ubwo yabungukaga aribyo gutahuka k’umwami

Igihugu cyari  kimaze imyaka 11 kitagira umwami nta n’umuganura utangwa. Umuhango w’umuganura mu Rwanda waje guhagarara ku ngoma ya Musinga ubwo umwiru Gashamura ka Rukangirashyamba wari ushinzwe imihango yawo yacirirwaga i Burundi mu mwaka wa 1925.

Nyuma y’uko u Rwanda rubonye ubwigenge, abantu bakomeje kwizihiza Umuganura mu miryango yabo ariko ubuyobozi bwariho muri icyo gihe ntibwashyiragamo imbaraga ngo Umuganura uhabwe agaciro ukwiye.

 Muri iki gihe tugezemo Leta y’u Rwanda igendeye ku byiza n’akamaro Umuganura wagize mu kubaka Igihugu, yawuhaye agaciro gakomeye, ishyiraho n’umunsi w’ikiruhuko uba buri wa Gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Kanama.

 Iteka rya Perezida no 54/01 ryo ku wa 24/02/2017 mu ngingo ya 3 (100) niryo ribigena hagamijwe ko kuri uwo uwo munsi, Abanyarwanda basabana, bunga ubumwe, bazirikana ibyiza bagezeho ari nako bahiga gukora neza kurushaho umwaka utaha.

Abanyarwanda hirya no hino mu Gihugu bizihije Umunsi Mukuru w'Umuganura, ufite insanganyamataiko igira iti 'Umuganura, isoko y'ubumwe n'ishingiro ryo kwigira'. Ibi birori byizihirijwe mu Karere ka Musanze ku rwego rw'Igihugu, byanakorewe mu turere dutandukanye aho byabereye ku rwego rw'Umudugudu.

Mu gihe u Rwanda rwizihiza Umunsi Mukuru w’Umuganura, bamwe mu baturage bagaragaza ko uyu munsi wahindutse ikimenyetso cy’imiyoborere myiza ugereranyije n’uko byari byifashe mu myaka ya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.



Post a Comment

0 Comments